Hatangijwe ingamba zihutirwa mu gukumira icyorezo cya Marburg cyagaragaye muri Ethiopia

Ikigo nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) cyatangaje ingamba zihutirwa zo kuhangana n'icyorezo cya Marburg muri Ethiopia. Ni nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuzima n'ikigo gishinzwe ubuzima muri Ethiopia byemeje icyorezo cya Marburg muri Jinka, nyuma yo kwakira umurwayi ku wa 12 Ugushyingo (11) 2025.

Nov 16, 2025 - 08:12
 0
Hatangijwe ingamba zihutirwa mu gukumira icyorezo cya Marburg cyagaragaye muri Ethiopia

 Laboratwari Nkuru ya Ethiopia yemeje Marburg ku wa 14 Ugushyingo (11), mu gihe iperereza ryimbitse ku miterere ya virusi rikomeje, aho basanze igaragaza imiterere imeze nka Marburg yabonetse muri Africa y'Iburasirazuba, nanone Ethiopia iherereyemo. 

CDC yashimye uburyo bwihuse Ethiopia yatanze mo amakuru, ndetse bifasha mu gutangira gukumira iki cyorezo hakiri kare. Minisiteri y’Ubuzima, EPHI n’inzego z’ubuzima z’akarere bahise bashyiraho ingamba zirimo gukaza ubugenzuzi, iperereza mu baturage kugira ngo hamenyekane inkomoko y'iki cyorezo. Hashyizweho kandi ibikorwa byo kurinda abakozi bo mu nzego z'ubuzima n’ubukangurambaga bugamije kwirinda Marburg.

Africa CDC yatangaje ko yahise ishyiraho ubushobozi bwayo bwo gupima no gusuzuma, burimo gutanga ibikoresho bitandukanye bwifashishwa, no gutanga amahugurwa ajyanye n'umutekano n’imicungire y’icyorezo. Ibi byubakiye ku bufatanye busanzwe bwa Africa CDC n'ikigo gishinzwe ubuzima muri Ethiopia (EPHI), ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa barimo Global Fund, WHO na UKHSA.

Abantu 9 nibo bamaze kumenyekana ko banduye Marburg muri Ethiopia nk'uko byemezwa n'inzego z'ubuzima zaho. Gusa nta barahitanwa n'iki cyorezo.

Mu rwego rwo kunoza imikoranire, Africa CDC yavuze ko ibikorwa byo guhangana na Marburg bizahuza n’ibyo kwitegura mpox, hagamijwe kongera ubushobozi bwo kumenya icyorezo hakiri kare no kugabanya ibyago by'ikwirakwira mu karere.

Dr Jean Kaseya;Umuyobozi wa CDC Africa, arateganya guhura na Minisitiri w’Ubuzima wa Ethiopia kugira ngo baganire ku bufasha bwiyongera no kongera ubwirinzi bwambukiranya imipaka. 

Virusi ya Marburg ibarizwa mu muryango umwe na virusi ya Ebola, ahonl igaragaza kuva amaraso mu myanya y'umubiri kugera no ku rupfu. Iyi virusi yamenyekanye bwa mbere mu 1967, mu Budage no muri Serbia, byahujwe n’abakozi ba laboratwari bari bakoranye n’inkima zari zakuwe muri Uganda bivugwa ko zari zanduye iki cyorezo. Kuva icyo gihe, ibyorezo bitandukanye byagiye biboneka mu bihugu bitandukanye bya Africa.

Virusi ya Marburg yandura binyuze ku bantu igihe bahuye n’inyamaswa zo mu ishyamba zayanduye. Nyuma yo kwinjira mu bantu, ikwirakwira vuba mu baturage hagati y’umuntu n’undi, haba mu gukoranaho, mu maraso cyangwa mu myanda y’umubiri w’umurwayi.