RDC: Kinshasa yugarijwe n’indwara ya Cholera

Umurwa mukuru wa Kinshasa wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wugarijwe n’ikwirakwira rikabije ry’indwara ya cholera, aho mu cyumweru kimwe gusa kuva tariki 16–22 Gashyantare 2026, habaruwe abantu 1,429 bakekwaho kuyirwara n’abagera kuri 43 bamaze guhitanwa na yo. Ibi byatumye inzego z’ubuzima n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) zitangiza ingamba zihutirwa zo kuyikumira mu duce twibasiwe cyane.

Mar 5, 2026 - 10:29
 0
RDC:  Kinshasa yugarijwe n’indwara ya Cholera

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangaje ko iki cyorezo gikomeje guteza impungenge muri RDC, aho imibare yo mu 2025 igaragaza ko cholera yahitanye abantu 2,070 mu barenga 71,200 bayanduye mu gihugu hose.

Nubwo iyo mibare iri hejuru, OMS igaragaza ko ikibazo gikomeje gukomera cyane cyane mu murwa mukuru Kinshasa, ubu yihariye hafi 30% by’abandura cholera mu gihugu. Mu cyumweru kimwe gusa,  haragaragaye abantu 431 bayanduye n’abagera kuri 14 bapfuye.

Raporo ya OMS igaragaza ko cholera yibasiye by’umwihariko uduce dutanu twiswe ibice bishyushye, aho abarwayi benshi biboneka. Utwo duce turimo Limete, Kingabwa, Kalamu II, Binza Ozone na Kingasani, kandi utu duce twonyine two twihariye hejuru ya 80% by’abandura mu murwa mukuru Kinshasa.

Mu rwego rwo guhangana n’iki cyorezo, inzego z’ubuzima zatangije uburyo bwiswe “quadrillage communautaire”, bugamije kugera ku baturage mu miryango yabo. Muri ubu buryo, abakozi b’ubuzima basura ingo zitandukanye bagamije gutahura hakiri kare abarwaye cholera, kugira osuku no gusukura aho indwara yagaragaye, gushyira chlorine mu mazi yo kunywa no kwigisha abaturage ingamba zo kwirinda.

Dr. Anne Ancia, uhagarariye OMS by’agateganyo muri RDC, yavuze ko kurwanya cholera bisaba ubufatanye bwa buri wese kugira ngo iki cyorezo gihagarare.

Yagize ati: “Iyo habayeho ubufatanye bukomeye n’ubuyobozi buhamye, birashoboka guhagarika iki cyorezo cyangiza ubuzima bw’abaturage mu mujyi wa Kinshasa.”

OMS n’inzego z’ubuzima muri RDC kandi zirasaba ko abaturage, abayobozi b’amadini, ibigo by’amashuri n’itangazamakuru bagira uruhare mu gukangurira abantu kwirinda cholera. Mu ngamba z’ingenzi harimo gukaraba intoki kenshi, gutunganya amazi yo kunywa, kubungabunga isuku n’isukura by’ibidukikije no kwihutira gutanga amakuru ku muntu wese ugaragaje ibimenyetso by’impiswi zikomeye.

@Radio Okapi