Hamuritswe drones zitwara abantu zikoresha amashanyarazi

Ku nshuro ya mbere muri Afurika, u Rwanda rweretse Isi ikoranabuhanga rishya ryo gutwara abantu mu ndege zitagira abapilote zikoresha amashanyarazi 100%, mu muhango wabereye i Kigali ku wa 3 Nzeri 2025. Iki gikorwa kibaye mu gihe habura amasaha make ngo mu Rwanda habere inama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere 'Aviation Africa summit'.

Sep 3, 2025 - 23:44
 0
Hamuritswe drones zitwara abantu zikoresha amashanyarazi

Izi ndege zigezweho zizwi nka eVTOL, zikorwa n’uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang. Ifite ubushobozi bwo gutwara abantu babiri cyangwa imizigo iremereye 620kg, ikagenda ibilometero 30 mu minota 25 idashizemo umuriro. Igenda ku butumburuke bwa metero 100. Ikoranye amapine 12, kandi ifite ikoranabuhanga ritahura imbogamizi ziri mu kirere.

Urugendo rwa mbere muri izi ndege rwayobowe na Melissa Rusanganwa, ushinzwe Ubuhahirane Mpuzamahanga mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indege za Gisivile, yavuze ko yari ameze neza, atekanye. Yagaragajr ko iri koranabuhanga rizafasha mu bukerarugendo no mu bwikorezi bwihuse hagati y’uduce dutandukanye.

Yagize ati:" Nari ntekanye. Batangiye gusuzuma niba indege imeze neza, baduha amabwiriza tugomba gukurikiza turi mu ndege. Ni ikoranabuhanga rishya mu bwikorezi bwo mu kirere buzafasha guhuza abantu bari mu bice bitandukanye.” 

Yongeyeho ko izi ndege zizafasha kandi mu bukerarugendo bw’u Rwanda, abantu bagafashwa mu gusura ibice bitandukanye bikozwe vuba.

Yavuze ko ari sri uburyo bwiza bwo kwimakaza ubwikorezi butangiza ibidukikije, cyane ko izi ndege zikoresha amashanyarazi 100%.

Ati “Murabizi twatangiriye kuri drones zitwara ibintu cyane cyane imiti n’amaraso kwa muganga. Uru ni urundi rwego twinjiyemo ruzafasha mu bukerarugendo bikanadufasha kugera ku ntego twihaye yo kugabanya imyuka yangiza ikirere.”

U Rwanda rubaye igihugu cya 21 cyemerewe izi ndege, imwe igura ibihumbi 400$; mugihe mu 2024 gusa, EHang yagurishije drones nk’izi 216.

Kugeza ubu, drones zasanzwe zifashishwa mu Rwanda cyane cyane na Zipline, kuva mu 2016, mu kugeza amaraso, imiti n’inkingo mu bitaro birenga 654. Zipline ikoresha drones zishobora gukora urugendo rwa ibilometero 160 ku muvuduko wa kilometero 130 ku isaha, ikaba ifite imihanda irenga 500 indege zayo zinyuramo.

U Rwanda kandi ruri no kubaka “Drone Operation Centre” mu Karere ka Huye, yo ku rwego mpuzamahanga. Ni umushinga uzatwara miliyari 13.4 Frw, uzaba ufite ubushobozi bwo kwakira drones zisaga 3,000 icyarimwe, zirimo n’inini zifite amababa agera kuri metero 20. 

Iki kibuga cya Drone kiri kubakwa ahahoze ikibuga cy'indege, kizaba gifite n’ahantu ho gukora no gusuzuma drones nshya. Ibi bishimangira ko u Rwanda ruri kwiyubaka nk’igicumbi cy’ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika.