Sudan: Ibikorwaremezo by'ubuzima bikomeje kwibasirwa
Ibitero ku bigo n’abakozi bo mu nzego z'ubuzima bikomeje gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Ishami ry'umuryango w'Abibumbye ryemeje ko kuva intambara yatangira mu Mata (04) 2023 hakozwe ibitero 198, byahitanye abantu 1,735 barimo abaganga n’abarwayi, abandi 438 barakomereka. Ni mu gihe impande zose bireba zisabwa guhagarika ibyo bitero.
Ubusanzwe intambara yo mu gihugu cya Sudan yatangiye muri Mata (04) 2023 ndetse ibikorwaremezo by'ubuzima biri mu byagabweho ibitero, aho kugeza ubu bikomeje kwibasira amavuriro n’abaganga, bigatuma abaturage benshi babura serivisi.
Tedros Adhanom Gabreyesus yatangako mu Ntara ya West Kordofan, ibitaro bya Al-Nuhud byigaruriwe n'abarwanyi bahanganye n'igisirikare cya Leta, ndetse ko mu cyumweru gishize, muri Central Darfur, umuryango w'abaganga batagira umupaka, MSF, uherutse gukura abakozi bawo nyuma y’uko umuforomo yishwe.
Tedros Adhanom Gabreyesus yatangaje ko bikorwa by’ubugizi bwa nabi bikomeje kwibasira urwego rw’ubuzima muri Sudan, bikarushaho gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga gikabije. Mu Ntara ya West Kordofan, igice kinini cy’ibitaro bya Al-Nuhud cyigaruriwe n’abarwanyi, bituma abaturage batabona serivisi z’ingenzi zo kuvura indwara zisanzwe n’izihutirwa. Iki kibazo kirushaho gukomera mu gihe ibitaro bikorera mu bice bikongana by’igihugu bikomeje gufunga imiryango kubera umutekano muke.
Mu cyumweru gishize, umuryango Médecins Sans Frontières (MSF) watangaje ko wakuye abakozi bawo mu Bitaro bya Zalingei biherereye muri Central Darfur, nyuma y’uko umukozi w’ubuzima yicwa muri uku kwezi, ibintu byasubije abaturage mu bwigunge bukomeye bwo kubura ubuvuzi.
Kuva uku gutongana kwatangira mu Mata 2023, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rimaze kugenzura ibitero 198 byibasiye ubuvuzi, byahitanye abantu 1,735 barimo abaganga n’abarwayi, abandi 438 barakomereka.
Ibi bikorwa bibangamiye ubuzima bw’abaturage kandi binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi mu gihe cy’intambara. Imiryango mpuzamahanga n’inzego z’ubuzima zisaba impande zose kurengera abarwayi, abaganga n’ibigo n’ubuvuzi, no guhagarika ibi bitero bidahwema gushyira ubuzima bwa benshi mu kaga.
Kinyarwanda
English

