Hatangijwe umwaka w'ubucamanza wasanze ibirarane by' imanza zisaga ibihumbi 58
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda, Rt Hon. Mukantaganzwa Domitilla, ku wa mbere, ku ya 1 Nzeri (09)2025, yatangije umwaka w’Ubucamanza wa 2025/26 asanga hakiri imanza nyinshi zitaburanishijwe.
Rt Hon Mukantaganzwa yavuze ko mu mwaka ushize w’ubucamanza wa 2024/25, inkiko zose hamwe zaciye imanza 109.192, harimo imanza zaburanishijwe mu mizi 92.880 (85%) n’imanza ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo 16.312 (15%). Ni nyuma y’uko mu mwaka wa 2023/24 hari hasigaye imanza 76.273, naho muri 2024/25 izinjiye mu nkiko zigera ku 106.254, bivuze ko urwego rw’ubucamanza rwari rufite imanza zo kuburanisha 182.527.
ku rundi ruhande, ikinyuranyo cy'imanza 2,938 zaciwe ziyongereye ku zari zakiwe mu nkiko mu mwaka w'ubucamanza 2024/25, zigaragaza ko ibirarane by'imanza mu nkiko byagabanutseho 10%.
Ku bijyanye n’inkiko, imanza zinjiye mu nkiko z’Ibanze zari 63.457 (60%), mu gihe izinjiye mu Nkiko Zisumbuye, Urukiko rw’Ubucuruzi n’Inkiko Nkuru zari 42.797 (40%). Muri izi manza kandi, izaburanwe mu mizi zingana na 90.044 (85%), naho imanza ku ifunga n’ifungura ry'agateganyo ni 16.210 (15%).
Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza yagaragaje ko izi manza zaciwe n’abacamanza 376 barimo 57 bagengwa n’amasezerano y’umurimo. Nimugihe impuzandengo y’imanza zaciwe n’umucamanza umwe ku kwezi ari imanza 26.
Yongeraho ko “Izaburanishijwe ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo n’izakemukiye mu buhuza no mu bwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha zose hamwe ziba imanza 124.204. Uyu akaba ari wo musaruro urwego rw’ubucamanza rwagezeho mu mwaka w’ubucamanza ushize wa 2024/25.”
Nubwo urwego rw’ubucamanza rwakoze ibishoboka ngo ruce imanza zose, umwaka w'ubucamanza warangiye hasigaye izindi manza 58.323. Mu manza zasigaye, izirengeje amezi atandatu zitaraburanishwa zigera kuri 26.862 (49%), akaba ari zo zibarwa nk’ibirarane.
Ati “Uyu mubare munini w’imanza mu nkiko utuma buri gihe habaho ibirarane, uterwa ahanini n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko n’Abanyarwanda muri rusange ku ikemurwa ry’ibibazo mu bwumvikane, kuko benshi bumva ko ibibazo byabo bigomba gukemuka biciye mu iburanisha ry’urubanza hakaboneka utsinda n’utsindwa.”
Yavuze ko imanza zarangiye hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, ari 15.012; zingana na 14% by’imanza zinjiye mu nkiko mu 2024/25.
Yasabye abagana inkiko kumva ko gukemura ibibazo mu bwumvikane ari uburyo bwo gutanga ubutabera bwihuse, budahenze kandi busigasira umubano mwiza hagati y’abafitanye ikibazo.
Mu gikorwa ngarukamwaka cyo gutangiza umwaka w'ubucamanza, Ubutegetsi bwabwo butangaza Raporo y’Ibikorwa by’umwaka urangiye. Iyo raporo ikagaragaza ibyagezweho, ibibazo byagaragaye n’ingamba zafashwe kugira ngo inshingano zishobore gusohozwa.
Mu ijambo rye, Rt. Hon. MUKANTAGANZWA yashimye intambwe imaze guterwa n’abacamanza, abanditsi b’inkiko, abashinjacyaha n’ababuranyi ku ikoresha ry’ubuhuza (Mediation) n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea bargaining) mu gukemura ibibazo biba biri mu manza zaregewe inkiko, bitabaye ngombwa kuziburanisha.
Kinyarwanda
English

