Syria: Bongerewe umushahara ku kigero cyo hejuru ariko ntibyakemura ibibazo bitewe n'ibiri mu bukungu.

Muri Syria, Perezida Bashar al-Assad yategetse ko umushahara w’abakozi bal eta wongerwa ku kigero cy’100% ndetse n'abasezerewe muri iki gihugu cyashegeshwe n’intambara mugihe cy'imyaka 12 ndetse n’ifaranga ryaho ryataye agaciro.

Aug 17, 2023 - 21:50
 0
Syria: Bongerewe umushahara ku kigero cyo hejuru ariko  ntibyakemura ibibazo bitewe n'ibiri mu bukungu.

Iyi myanzuro yakiwe neza, gusa nubwo byakozwe gutyo ni ikibazo hari ibibazo ku isoko ndetse n’amafaranga ya essence yarahagaritswe.

Impuguke muri politiki n’ubukungu ndetse zakurikiraniye hafi ibibera muri Syria zemeza ko kongera imishahara byari bitegerejwe igihe kirekire, nubwo imishahara ku bakozi bal eta iheruka kongerwa mu Ukuboza 2021.

Gusa ikigero wongereweho nubwo mu mibare kiri hejuru [100%] ariko ugereranyije n’Ubufaransa, usanga Syria bidakabije.

Nimugihe  ifaranga ryarataye agaciro hejuru y’igipimo cy’100 muri 2020, no muri 2021. Muri 2022, nta mibare igaragaza ishusho yabyo iratangazwa, gusa ishobira kuba itarenze cyane 100%.

Ibi bituma n’ibiciro ku isoko byiyongera cyane, kuburyo no kongera imishahara y’abakozi ba letabifite aho bihuriye no kubura ubushobozi bwo guhaha mu myaka itatu ishize, kandi ibyo bikagira ingaruka ku bakozi ba leta  gusa.

Mu mezi make ashize, amafaranga y’ama-livre akoreshwa muri Syria yataye agaciro, habaho imyigaragambyo yakozwe mu buryo butandukanye ubusanzwe ibyo bikaba ari imboneka rimwe mu bice bigenzurwa n’ubutegetsi nk’uburiho.

Bumwe mu buryo bwakoreshejwe ni abakurikiranwa cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Facebook, bakoze imyigaragambyo banyuze kur’uru rubuga bamagana ibibazo by’ubukungu ndetse n’imibereho, uwabikoze yahise atabwa muri yombi isaa sita z’ijoro ry’uwo munsi.

Gusa  muri rusange igipimo cy’ubukene cyariyongereye cyane muri Syria. Mugihe iki gihugu cy’abarabu nta byinshi cyagombaga guha abaturage bacyo, ari nayo mpamvu hari hitezwe ko imishahara igomba kongerwa kuko byagaragajwe ko ibintu bitameze neza.

Iri zamurwa ry’imishahara ryitezweho ko rirakurikirwa n’izamurwa ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, ibi bigatuma icyari cyitezwe nk’igisubizo kubazamuriwe umushahara cyahise kiburizwamo.

Ubusanzwe uretse essence, mazutu cyangwa amavuta nibyo bikoreshwa cyane mu ngendo muri Syria, ndetse n’imiryango nk’uburyo bwo gushushya ngo zabo.

Gusa ibihe bisa n’ibyahaye ibindi kuko ikiguzi cya mazutu cyakubwe gatatu, aho abanyasiriya batabyumva neza kubera ko ari mugihe cy’ubushyuhe badakeneye gushyushya mu nzu, ariko ingaruka ry’iri zamurwa ry’ibiciro zitazatinda kwigaragaza mu baturage.

Icyakora ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byashyizweho n’ubutegetsi biruta cyane iby’ umushahara.  Ibi kandi biraterwa no kuba Syria imaze imyaka myinshi nta buryo buhari bwo kuzamura ubukungu bw’igihugu, inkunga zihabwa abaturage ku bintu nkenerwa mu buzima busanzwe bw’abanyagihugu, nubwo hari aho leta yagerageje guha inkunga abaturage.

Ese yaba ari iyihe mpamvu yateje izamuka ry’ibiciro?

Intambara yamaze igihe kirekire mur’iki gihugu yangije ibikorwaremezo byinshi byangirika, ndetse bigira ingaruka ku musaruro w’igihugu.

Uretse ibi kandi hiyongeraho kwigabanya kw’ ibice bigenzuwe na leta ndetse n’izamuka ry’ikiguzi cyo gukwirakwiza ibicuruzwa mu gihugu, ihungabana mu rwego rw’ishoramari ndetse n’imirimo ibyara inyungu.

Ibi kandi bijyana no kuba hari impunzi nyinshi z’abanyasiriya zidafite ibyo zikora, n’abahungiye hanze y’igihugu.

Abahanga bavuga ko nta bashora imari muri iki gihugu bitewe n’uko cyangiritse, ruswa iri hejuru bitewe n’ibihano byafashwe n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi.

Nubwo bimeze bityo ariko, hari abashoramari bakomeye bo mur’iki gihugu bashobora kuba bagisubiramo bagafasha igihugu mu rwego rw’ishoramari, ariko ntibashobora kubikora bitewe na ruswa iri hejuru ndetse n’ibindi.

Ingaruka abanyasiriya bahura nazo.

Ibyo ariko ni ingaruka y’imiterere ya politike iriho, ibibazo by’umutekano n’ubukungu bidakurura abashoramari.

Ibi byose kandi bigira ingaruka ku gaciro k’ifaranga. Ibipimo by’ubukene byariyongereye bikabije.

Bitewe n’intambara, ibicuruzwa bimwe byakorerwaga mur’iki gihugu byarangiritse, ndetse abaturage bageze aho kuba badashobora kurya inyama. Nubwo batari mu bihe by’inzara, ariko ntibari kure yabyo.

Kugeza ubu ubukene bwabaye bwinshi kuburyo umuryango w’abibumbye utanga imfashanyo mur’iki gihugu. Abantu bataye icyizere cyo kubaho ndetse bagaragara nk’abarushye.

Kugeza ubu, biragoye kubona umunyasiriya utakwifuza kuva mu gihugu cye, bitewe nuko ibihe byaho bigoye, ndetse biteye impungenge.